Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yahaye Ubwenegihugu nyarwanda abantu 23
Uyu munsi taliki ya 30 Nzeri 2025, Umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yatanze Ubwenegihugu nyarwanda ku bantu 23 babisabye bakabyemererwa. Umuyobozi yababwiye ko batagiye gutangirira ku busa, kuko hari ibyagezweho muri iyi myaka 31 U Rwanda rubohowe, abasaba gufatanya nabandi banyarwanda muri gahunda za Leta:
-Gusigasira no gushimangira Ubumwe n’Ubudaheranwa bw’Abanyarwanda
-Gufatanya n’ubuyobozi gushyira mu bikorwa gahunda ya Guverinoma y’imyaka itanu (NST2),
-By’umwihariko kandi mu Mujyi wa Kigali ku bahisemo kuhatura, intego ni ukugira Umujyi Ukeye
Nyuma yo kwakira indahiro, Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere yashimiye abamaze guhabwa Ubwenegihugu Nyarwanda ko bahisemo kuba Abanyarwanda kandi Mboneyeho kubasaba kubana neza n’Abanyarwanda bagenzi banyu, aho muzatura hose;
Ndabibutsa kandi ko Uburenganzira n’inshingano zo kubaka Igihugu mubisangiye n’abandi Banyarwanda, bityo uruhare rwanyu rurakenewe mu gufatanya nabo
Ntabwo mugiye gutangirira kubusa hari ibyagezweho muri iyi myaka 31 Igihugu cyacu kimaze kibohowe nibyo tubasaba gukomerezaho, kugira uruhare mu kubaka Igihugu no gusigasira ibyagezweho
Turabasaba gufatanya n’abandi guhanga udushya no kwishakamo ibisubizo
Muzarangwe n’Indangagaciro na Kirazira by’umuco nyarwanda. Umuryango nyarwanda mubamo uzakomeza kubafasha kubigeraho