Ibikorwa byakozwe n’Intore mu biruhuko kuri site zitandukanye.
Gahunda y'Intore mu biruhuko irakomeje buri wa Mbere, ku wa Gatatu no ku wa Gatanu.
Muri iyi minsi yatoranijwe kandi, Intore ziteranikuri site zatoranijwe n'Akagari bagakora ibikorwa bitandukanye bibafasha kuba abanyarwanda beza bafite Indangagaciro.
Mu kagari ka Nyagahinga kuri site Light Center muri gahunda y’Intore mu biruhuko bufatanije na Police y’Urwanda hakorwa ibikorwa bikurikira:
Ubukanguramba bw’isuku aho bakoze umuganda wo gutoragura iyarara mu mudugudu wa Gisharara mu rwego rwo gutoza urubyiruko umuco w’Isuku
Kubufatanye na Police y’Urwanda urubyiruko bahawe ikiganiro bijyane no Kwirinda no gukumira ibiyobyabwenge ndetse n’icuruzwa ry’abantu.
Nahandi hose ku zindi site Intore zahawe ibiganiro kuri gahunda za Leta banakora ibikorwa n’imikino bitandukanye. Ibi byose bibafasha gukurana Indangagaciro nyarwanda bikazabafasha kuba abaturage beza.