Hatashywe Urugo Mbonezamikurire rw’abana bato mu Kagari ka Bweramvura
Hatashywe Urugo Mbonezamikurire rw’abana bato mu Kagari ka Bweramvura
Uyu munsi mu Karere ka Gasabo hizihijwe umunsi w’Ingo Mbonezamikurire y'abana bato.
Hizihizwa uyu munsi kandi, hanatashywe ku mugaragaro urugo mbonezamikurire rwubatswe kubufatanye na Bank Nkuru y’u Rwanda (BNR) mu Kagari ka Bweramvura Umudugudu wa Gitega.(1)
Uru rugo rufite ubushobozi bwo kwakira abana 120, igikoni hamwe n'icyumba gifasha ababyeyi bigishirizwamo gukangura ubwo bw'abana, kuboneza urubyaro, gutegura indyo yuzuye hamwe no gupimisha inda ku gihe.(2)
Nyuma yo gutaha uru rugo mbonezamikurire y’abana, hanatewe ibiti by’imbuto muri gahunda yo kurwanya imirire mibi n’ingwingira mu bana bato ndetse n’abana bafite ubumuga bw’ingingo bahabwa inyunganirangingo.
Mu ijambo rye, umuyobozi Nshingwabikorwa w'Akarere yasobanuye ko Urugo mbonezamikurire rw’abana bato ari urusobe rwa serivisi, uburezi, ubuzima, imirire, isuku n’isukura, kurinda no kurengera Umwana, hamwe n’Uburere buboneye mu muryango
Yanavuze ko Akarere ka Gasabo gafite Ingo mbonezamikurire zita ku bana bato zigera kuri 826 zikubiyemo: Ingo 276 zikorera mu ngo,
209 zikorera hafi y’abaturage , n’ingo mbonezamikurire 260 zishamikiye ku mashuri (School ECDs), Hakabaho n’ingo 76 zegereye abaturage ziri ku rwego rw’Umurenge hamwe n'Ingo z’Icyitegererezo eshatu, muri izo ngo mbonezamikurire zose hakaba harimo abana bangana na
53, 119.
Igikorwa cyashojwe no guha amata abana bato bo muri ECD.